Polisi yo muri Tanzaniya yatafashe abanyamahanga bashyigikiye umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi wafunzwe .

0
43

 

Polisi ya Tanzaniya yataye muri yombi abaharanira uburenganzira bwa muntu bakomoka muri Kenya no muri Uganda, bari bagiye i Dar es Salaam gukurikirana isesengura ry’urubanza rwa “guhirika ubutegetsi” ruburanwamo umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi Tundu Lissu, nk’uko byatangajwe n’itsinda ry’abaharanira uburenganzira bwa muntu.
Uharanira uburenganzira bwa muntu wo muri Kenya Boniface Mwangi n’umunyamategeko wo muri Uganda Agather Atuhaire bajyanye muri Tanzaniya kugira ngo bitabire iburanisha rya mbere rya Tundu Lissu ku wa Mbere, mu rubanza rwagaragaje uburyo ubutegetsi bwa Perezida Samia Suluhu Hassan bukomeje gukandamiza abatavuga rumwe na bwo.
Umuvugizi mukuru w’Ikigo gishinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Tanzaniya, Paul Mselle, yavuze ko nta makuru afite ku ifatwa rya Mwangi na Atuhaire, ariko yizeje ko agiye kubikurikirana.
Abavugizi ba guverinoma ndetse na polisi ntiyabashije kugira icyo abivugaho nkuko byatangajwe na Reuters ibiro ntaramakuru by’abongereza
Boniface Mwangi na Agather Atuhaire bari bafungiwe kuri sitasiyo ya polisi nkuru iri mu murwa mukuru w’ubucuruzi wa Dar es Salaam, nk’uko byatangajwe mu itangazo ry’Ihuriro ry’Abaharanira Uburenganzira bwa Muntu muri Tanzaniya (THRDC).
Iryo tangazo rivuga ko Mwangi yafashwe ashinjwa gutanga amakuru y’ibinyoma kugira ngo yemererwe kwinjira mu gihugu. Nta bisobanuro byari byatangwa ku mpamvu z’ifatwa rya Atuhaire.
Mwangi, umwe mu bayoboye imyigaragambyo yo kwamagana ubutegetsi umwaka ushize muri Kenya, yanditse ku rubuga X ko ku wa Mbere abagabo bavugaga ko ari abapolisi baje mu cyumba cye cya hoteli, kandi ko yari yiteguye kujyana na bo nyuma y’uko abanyamategeko be bahageze.
Abandi baharanira uburenganzira bwa muntu bakomoka muri Kenya bari baje kwitabira iburanisha ryo ku wa Mbere, barimo na Minisitiri w’Ubutabera wabayeho mbere, batangaje ku mbuga nkoranyambaga no mu biganiro ko bangiwe kwinjira muri Tanzaniya.
Perezida Samia Suluhu Hassan, uri kwiyamamariza kongera kuyobora mu matora ateganyijwe muri Ukwakira, yavuze ko guverinoma ye yiyemeje kubaha uburenganzira bwa muntu, nubwo hakomeje kugaragara ifatwa ry’abantu benshi bazwi batavuga rumwe n’ubutegetsi.
Ariko mu magambo yagaragaje ku mugaragaro ku wa Mbere, yahanije abanyamahanga baharanira uburenganzira bwa muntu ku bwo “kwinjira no kubangamira ibikorwa byacu.”
Lissu, warashwe inshuro 16 mu gitero cyabaye mu 2017 kandi waje ku mwanya wa kabiri mu matora ya perezida aheruka, yaranzwe no kwanga kwitabira iburanisha ryabaye ku ya 24 Mata kubera ko inzego zategetse ko urubanza rukorwa hifashishijwe ikoranabuhanga aho kuba imbonankubone.
Yashinjwe gushaka guhirika ubutegetsi mu ukwezi gushize nyuma y’aho abashinjacyaha bavuze ko yahamagariye rubanda guhungabanya amatora no gutera umutekano muke.
Ishyaka rye CHADEMA risaba impinduka mu buryo bwo gutora rivuga ko bushyigikira ishyaka riri ku butegetsi mbere yo kwitabira amatora.

Yinjiriye mu rukiko ku wa Mbere azamura urutoki mu kirere, abafana be baririmba bati “Nta mpinduka, nta matora.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here