Home Politics Uganda: Museveni yemejwe nk’umukandida wa NRM mu matora ya perezida

Uganda: Museveni yemejwe nk’umukandida wa NRM mu matora ya perezida

0
62

Komisiyo y’Amatora ya Uganda yemeje ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni yemerewe kongera kwiyamamaza mu matora ateganyijwe kuba mu mwaka wa 2026.

Ibi bisobanuye ko Museveni, umaze imyaka irenga 38 ayobora Uganda kuva mu 1986, ashobora kongera gukomeza kuyobora igihugu nibura kugeza mu myaka hafi 50 amaze ku butegetsi.Komisiyo y’Amatora yatangaje ko dosiye ye yemejwe kuko yujuje ibisabwa n’amategeko, bityo akaba ari mu ba mbere batangiye gusaba kwiyamamaza ku mugaragaro.

Museveni yemerewe kwiyamamaza mugihe mu ibaruwa yanditswe ku itariki ya 19 Nzeri 2025 isinyweho na Perezida wa Komisiyo y’Amatora, Justice Simon Byabakama, EC yamenyesheje Bobi Wine ko mu turere 130 ikipe ye yari yatanzeho imikono, uturere 80 ari two twonyine twujuje ibisabwa. Uturere 18 twagaragaye ko tudafite nibura abashyigikira 100 biyandikishije kuri buri karere, nk’uko biteganywa n’itegeko rigenga amatora ya Perezida, Presidential Elections Act, Cap 177. Bobi Wine amaze igihe avuga ko igihugu gikeneye impinduka n’ubuyobozi bushya, mu gihe Museveni we akomeza kugaragaza ko akiri umukandida mwiza ku mutekano n’iterambere.

Mu myaka yashize, Museveni yagize uruhare mu kuvugurura Itegeko Nshinga, havaho umurongo ugenga imyaka n’umubare wa manda perezida ashobora kumara, ibintu byafashije ko akomeza kuyobora igihugu mu gihe kirekire.

Abasesenguzi bavuga ko uguhangana hagati ya Museveni n’abatavuga rumwe na we bishobora kuzongera kugaragaza ihurizo ry’ubwisanzure bwa politiki muri Uganda. Hari n’ababona ko uko amatora azagenda bishobora kugira ingaruka ku mubano n’ibihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, aho Uganda ari umwe mu bayobozi ba kera bakiri ku butegetsi.

Nubwo Museveni ashimirwa ibikorwa by’umutekano n’ibikorwaremezo, ubutegetsi bwe bukomeje kunengwa ibyerekeye uburenganzira bwa muntu, guhohotera abatavuga rumwe na Leta ndetse n’akarengane mu nzego z’ubucamanza n’umutekano.

NO COMMENTS