Ku wa gatanu, Umuryango w’Abibumbye binyuze muri MONUSCO, watangaje ko wamaganye ubwicanyi bwongeye kwaduka mu karere ka Djugu, mu ntara ya Ituri, aho imirwano hagati y’umutwe wa CODECO n’itsinda ryitwara gisirikare rya Zaïre yahitanye abantu barenga 13. Muri abo harimo abari impunzi ndetse n’abarwanyi barindwi.
Nk’uko byasobanuwe n’itangazo rya MONUSCO, iyi mirwano yabaye ku wa kane mu gace ka Maze, giherereye mu bilometero 15 mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Djugu.
Mu ijoro rishyira ku wa gatanu, amasasu y’abitwaje intwaro bataramenyekana yumvikanye i Gina, mu bilometero 30 uvuye i Bunia. Ibi byateje ubwoba n’impungenge bikomeye ku baturage, ku buryo abasivili basaga 2.500 bahise bahungira ku kigo cya MONUSCO. “Abasirikare b’amahoro bahise batangira ibikorwa byo gucunga umutekano,” nk’uko iri tangazo ribivuga.
MONUSCO yagaragaje akababaro gakomeye isaba Leta ya RDC gukora iperereza rinyuze mu mucyo no kugeza abakoze ibi byaha imbere y’ubutabera bidatinze.
Madamu Vivian van de Perre, uhagarariye by’agateganyo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri RDC, yavuze ko MONUSCO imaze kongera ibikorwa byo gucunga umutekano muri Ituri, inakorana bya hafi n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC) mu rwego rwo kurinda abasivili.
Mu butumwa bwayo, MONUSCO yasabye imitwe yose yitwaje intwaro guhagarika imirwano ako kanya no kubahiriza amasezerano y’amahoro ya Aru II, ari na yo afatwa nk’inkingi yo kugarura ituze mu ntara ya Ituri.











