Home Politics i Burundi: korela iraca ibintu i bujumbura

i Burundi: korela iraca ibintu i bujumbura

0
52

Icyorezo cya kolera gikomeje kwibasira abaturage bo mu gace ka Gihanga, mu karere ka Mpanda, mu ntara ya Bujumbura muburengerazuba bw’igihugu cy’u Burundi, aho kimaze hafi ukwezi gihangayikishije abaturage. Iki cyorezo cyagaragaye nyuma y’uko iki gihugu cyari cyatangaje icyorezo cya kolera ku rwego rw’igihugu kuva ku ya 1 Mutarama 2023, kugeza ubu kikaba kitararangira.

Kugeza ubu abantu 20 bamaze kujyanwa mu bitaro bya Saint-Augustin biherereye i Gihanga, muri bo batatu bamaze kwitaba Imana. Ubuyobozi bw’ubuzima buvuga ko nubwo hakiri imbogamizi zijyanye no kubona amazi meza, icyorezo kiri gukurikiranwa mu buryo bukomeye kugira ngo kidakomeza kwiyongera.

Dr. Joëlle Bigirimana, umuyobozi w’ubuzima mu karere ka Gihanga, yemeje ko hakiri abantu bashya bandura iki cyorezo mu tugari twa Busongo, Murira na Gihanga.
Ati: Turimo gukora ibishoboka byose ngo dufate ingamba zikumira ikwirakwizwa rya kolera. Abaganga bari ku murongo w’imbere kandi imiti irahari.

Nk’uko inzego z’ubuzima zibivuga, ikibazo gikomeye gituma kolera ikomeza kwiyongera ni ukutagira amazi meza ahagije. Abaturage bo mu bice byinshi baracyanywa amazi ava mu migezi itemba, ahakunze kuba harimo umwanda n’imiti ikoreshwa mu buhinzi.

Mu rwego rwo kwirinda gukwirakwira kw’iki cyorezo, amazu yagaragayemo abanduye yasukuwe kandi yakorewe isuku yihariye. Croix rouge ku bufatanye n’abakorerabushake mu by’ubuzima, bakomeje ibikorwa byo gusukura no gukangurira abaturage kugira isuku.

Ati:Buri munsi dukorera mu bice byugarijwe cyane kugira ngo dusukure no kurinda abanda.

Icyorezo cya kolera nticyagarukiye mu karere ka Gihanga gusa. No mu turere twa Cibitoke na Bukinanyana, ndetse no mu bice bimwe by’umujyi wa Bujumbura, hagaragaye abantu banduye. Mu majyepfo, mu ntara ya Burunga, cyane cyane mu karere ka Rumonge, naho hagaragaye abarwayi bashya.

Kuva muri Mutarama 2025, abantu barenga 1.600 bamaze kwandura kolera muri ibyo bice bitandukanye, barimo nibura 13 bapfiriye mu turere twa Cibitoke na Bukinanyana.

Bamwe mu baturage bo mu gace ka Murira bavuga ko barwaye kubera kunywa amazi mabi, bakaba basaba Leta kubaha amazi meza mu maguru mashya.
bati: Turarwara kubera kunywa amazi yanduye. Iyo twabona amazi meza kolera yaba amateka.

Mu gihe hagitegerejwe ibisubizo birambye, inzego z’ubuzima zisaba abaturage gukaza ingamba z’isuku, gukoresha amazi atetse cyangwa avanze n’imiti yica udukoko, no kwitwararika mu gukumira ikwirakwizwa rya kolera.

NO COMMENTS