Home Politics Ingabo za Guinée-Bissau zatangaje ko zafashe ubutegetsi bwose bw’igihugu nyuma yo gufata...

Ingabo za Guinée-Bissau zatangaje ko zafashe ubutegetsi bwose bw’igihugu nyuma yo gufata Perezida Umaro Sissoco Embaló

0
49

Abasirikare batangaje ko bahagaritse burundu inzira y’amatora ndetse bafunze imipaka yose y’igihugu ku gihe kitazwi.

Ni Brigadier Général Denis N’Canha, umukuru w’abashinzwe kurinda perezida, watangaje ishingwa rya “Komanda Nkuru y’Ingabo ishinzwe kugarura umutekano n’ibikorwa remezo by’igihugu”, ndetse ko iyi komanda ari yo yafashe “ububasha bwose bwo kuyobora Repubulika ya Guinée-Bissau.”

Yanatangaje kandi ko Perezida Embaló ahita akurwa ku buyobozi, ndetse ko imipaka y’igihugu—iy’ubutaka n’iy’amazi—yahise ifungwa.

Perezida Embaló yafashwe ku mugoroba wo ku wa Gatatu nyuma y’aho humvikanye amasasu menshi ku ngoro ya perezida.

Abasirikare batangaje ibi bari imbere y’icyicaro gikuru cy’ingabo mu murwa mukuru Bissau, nyuma y’uko abasirikare baburizaga inzira ijya kuri icyo nyubako.

Nta makuru aramenyekana niba hari n’abandi bafashwe hamwe na Perezida Umaro Sissoco Embaló.

Nk’uko ikinyamakuru Jeune Afrique kibitangaza, kivuga ko cyahamagawe na Perezida ucyuye igihe Umaro Sissoco Embaló, ngo yafashwe kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Ugushyingo ahagana saa sita ku ngoro ya perezida.

NO COMMENTS