Israel yarashe gaza ikubita ibisasu, ihitana abantu 60 mbere y’imishyikirano ku ihagarikwa ry’intambara muri Amerika

0
40

Mu gihe isi ikomeje gusaba ko intambara ihagarara, Israel yongeye kugaba ibitero bikomeye ku gace ka Gaza ku wa Mbere, aho byahitanye abantu nibura 60, benshi muri bo ari abasivile, abandi bagakomereka. Ibi bitero bibaye mbere y’uko hatangira imishyikirano izabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, igamije kuganira ku ihagarikwa ry’intambara hagati ya Israel na Hamas.Ibyo bitero byibasiye cyane cyane ibice bya Khan Younis, Rafah na Jabalia, aho abaturage benshi bari bamaze kwimurwa n’imirwano imaze igihe. Abatangabuhamya bavuga ko indege za gisirikare za Israel zarashe amamodoka, amazu n’uduce twari ducumbikiye impunzi, harimo n’abagore n’abana.

Umuryango wa Gaza Health Ministry watangaje ko abahitanywe n’ibi bitero barimo abarwayi, abaganga n’abantu bari mu nsengero n’amasoko. Byatumye isura y’ihohoterwa ryibasira abasivile ikomeza kwiyongera, aho imiryango itegamiye kuri Leta ikomeje gusaba ko haba ihagarikwa ry’intambara rYihutirwa.Nyuma y’uku gukaza intambara, Israel yohereje intumwa muri Amerika, aho hateganyijwe inama izahuza abayobozi b’Amerika n’aba Israel kugira ngo baganire ku mahirwe y’ihagarikwa ry’intambara. Biteganyijwe ko minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, azahura na Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku wa 7 Nyakanga 2025, ku cyicaro cya White House.

Iyi nama izibanda ku buryo bwo kurangiza intambara imaze imyaka ibiri hagati ya Israel na Hamas, irimo no kureba uko infungwwa zafashwe ku mpande zombi zarekurwa, ndetse no kugarura ubuzima mu gace ka Gaza.Kuva intambara yatangira mu Ukwakira 2023, abantu barenga 56,000 bamaze kwicirwa muri Gaza, nk’uko bitangazwa n’ubutegetsi bwaho. Ku ruhande rwa Israel, abantu 1,200 barishwe na Hamas mu gitero cya mbere cyateje iyi ntambara.

Ibihugu nka Misiri na Qatar bikomeje kugira uruhare mu biganiro bigamije gusubiza ibintu mu buryo, ariko uko ibitero bikomeje gukaza umurego, ni nako icyizere cy’amahoro gikomeza kuyoyoka.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here