Home Politics Perezida Ruto yavuzeko nta muntu bahanganiye kuyobora igihugu

Perezida Ruto yavuzeko nta muntu bahanganiye kuyobora igihugu

0
51
  

Perezida wa Kenya, Dr. William Ruto yatangaje ko ubu nta munyapolitiki bahanganye muri iki gihugu kuko Raila Odinga uherutse kwitaba Imana ari we wari ubifitiye ubushobozi gusa.

Perezida Ruto yavuze ko abavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya nta bushobozi bafite bwo guhangana na we.

Ubwo yari mu gace ka Kakamega mu ruzinduko arimo rwo gusura ibikorwaremezo by’iterambere mu Burengerazuba bw’igihugu.

Ati “Umuntu rukumbi nari kuzahangana na we akanyahagiza mu matora ya 2027 ni nyakwigendera Raila Odinga. Abo bandi bagerageza kwiyamamaza tuzahangana ariko nzabatsinda kare kare mu gitondo ku munsi w’amatora.”

Odinga yaguye mu Buhinde ku wa 15 Ukwakira 2025 azize guhagarara k’umutima, apfa afite imyaka 80 y’amavuko.

Yabaye Minisitiri w’Intebe wa Kenya hagati ya 2008 na 2013. Yagerageje kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu ariko inshuro zose yaratsinzwe. Ukurikije ubwitabire bw’abagiye kumushyingura, wabonaga ko nubwo atigeze atsinda amatora yari afite abayoboke benshi cyane cyane Abanya-Kenya bifuza ubuyobozi burimo impinduka.

NO COMMENTS