Tuburira guverinoma ya Congo ndetse n’inzego z’umutekano ku kongera imbaraga kw’abarwanyi ba M23 ku muhanda wa Kalembe-Kalonge, bava i Mwesso bajya Pinga.
Asaba guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kurinda abaturage ku bw’iyi ntambwe y’abanzi. Yakomeje agira ati: Duhamagariye guverinoma ya Congo kuguma maso, kuko abasirikare b’Ingabo za AFC/M23 ntibasinzira, barimo kwitegura no guhuza imbaraga ngo bafate bundi bushya Walikale. Inzego z’umutekano zigomba gufata ingamba zose zikenewe zo guhagarika ubu bugome.
Yasoje agira ati: “Tubabajwe no kubona M23 ikomeje kurenga ku mabwiriza yo guhagarika imirwano yatangajwe i Doha n’ i Washington. Dukeneye ko amahoro agaruka iwacu, ariko turababazwa no kubona kubura ubushake bwa politiki ku ruhande rwa guverinoma ya Congo mu gusubiza ibice byose byigaruriwe, kandi igihugu gifite ubushobozi bw’abantu n’ibikoresho byo kurangiza iyi ntambara.”
Mu gihe ibi bikomeje, AFC/M23 n’ingabo za leta barashinjanya kurenga ku mabwiriza yo guhagarika imirwano. Intambara mu burasirazuba bw’igihugu, imiryango myinshi irahatirwa guhunga aho isanzwe iba, igashakira ubuhungiro mu bice bifatwa nk’ibyizewe, ariko ntibihabwe ubufasha bw’ibanze.