Home Politics Tanzaniya: Perezida Samia Suluhu yongeye gutorerwa kuyobora igihugu n’amajwi 97,66% mu matora...

Tanzaniya: Perezida Samia Suluhu yongeye gutorerwa kuyobora igihugu n’amajwi 97,66% mu matora yagaragayemo imvururu z’iminsi itatu

0
59

Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, yatangajwe ko yegukanye intsinzi y’amajwi 97,66% mu matora aherutse, nk’uko byatangajwe kuri televiziyo y’igihugu , mu gihe amatora yabayemo imvururu zikomeye n’ihagarikwa ry’itumanaho rya internet.

Amatora ya perezida n’ay’abadepite yo ku wa Gatatu yashyizwe mu majwi kubera kubura kw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, kuko abakandida babiri bakomeye bari bahanganye na Samia bafunzwe banabakurwa ku rutonde. Ibyo byakurikiwe n’imyigaragambyo n’imvururu zatumye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko abantu 700 bahitanywe nizo mvururu. Perezida Samia ntacyo yigeze abitangazaho.

Komisiyo y’amatora yatangaje ko Samia yabonye miliyoni 31,9 z’amajwi kuri miliyoni 32,7 yatowe, inemeza ko akomeza kuyobora igihugu ku ruhande rwa CCM. Uyu mwanzuro watangajwe ku mugaragaro kuri televiziyo y’igihugu, bavuga ko umuhango wo kurahira ugomba gukurikira ako kanya. Ibi byatangajwe n’umunyamakuru wa AFP wabivuze abicishije kuri telefone kubera gukendera kwa internet mu gihugu cy’abaturage miliyoni 68.

Samia Suluhu Hassan yagize umwanya wa perezida mu 2021 asimbuye nyakwigendera John Magufuli. Mu ntangiriro yashimagijwe kubera kongera umwuka mwiza wa politiki, ariko nyuma y’aho atungwa agatoki ko akandamiza abatavuga rumwe n’ubutegetsi by’umwihariko mbere y’amatora.

ONU irasaba iperereza

Umunyamakuru wa AFP yabonye ku wa Gatatu ko abaturage bageraga ku biro by’amatora ari bacye ugereranije na mbere i Dar es Salaam, umujyi munini w’igihugu. Nyuma yumvise amasasu menshi mu gihe abantu bari mu myigaragambyo, banatwitse bimwe mu biro bya  polisi. Imvururu zakomeje kwiyongera hirya no hino.

Umuvugizi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Chadema, John Kitoka, yavuze ko abantu 350 bapfuye i Dar es Salaam, abandi barenga 200 i Mwanza, kandi nibafatwa hamwe n’ahandi bigera ku bapfuye 700. Chadema ntiyemerewe kwitabira amatora kandi yahamagarira abaturage kutitabira amatora. Umuyobozi waryo, Tundu Lissu, yatawe muri yombi muri Mata akurikiranyweho kugambirira kugambanira igihugu, icyaha gishobora kumuviramo igihano cy’urupfu.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzaniya, Mahmoud Thabit Kombo, yahakanye ko habaye gukoresha imbaraga zirengeje urugero, avuga ko habaye “uduce” tw’imvururu gusa. Yavuze ko nta mubare wemejwe w’abaguye muri izo mvururu wari watangazwa.

umunyapolitike wavuganye na  AFP utarashatse ko izina rye ritangazwa yavuze  ko imibare y’abapfuye ivugwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi “ishobora kuba ifite ishingiro”, ivuga kandi ko hari “amagana” y’abapfuye. Ibitaro na za postez’ubuvuzi byanze kugira icyo bitangaza. Internet iracyari ihagaritswe ku kigero kinini, bikagora kubona amakuru yizewe.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yatangaje ko “ahangayikishijwe cyane” n’ibiri kuba, asaba iperereza ryimbitse kandi ritabogamye ku birego by’ihohoterwa ry’imbaraga. Yanashishikarije impande zombi kwirinda no gukumira indi mirwano.

NO COMMENTS