Ubushinjacyaha bwa Leta ya Tanzania bwasabye Urukiko rwa Kisutu kongera igihe mu rubanza ruregwamo Tundu Lissu, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, ushinjwa ubugambanyi. Ibi byatumye havuka impungenge ko urubanza rwe rushobora kuzamuka rikomeye ku isura y’amatora ya Perezida ateganyijwe mu Ukwakira uyu mwaka.
Umushinjacyaha mukuru, Nassoro Katuga, yabwiye urukiko ko dosiye y’iperereza yamaze kugera ku Mushinjacyaha Mukuru wa Repubulika (DPP), ariko ko bacyitegura gutanga icyemezo cya nyuma ku bijyanye no kuyijyana mu Rukiko Rukuru cyangwa kuyireka burundu. Yagize ati:Turacyafite ibisabwa kugira ngo icyemezo cyuzure. Turasaba ko urukiko ruduha igihe cy’inyongera.
Ku rundi ruhande, Lissu yanenze iryo sezerano ridasobanutse ry’Ubushinjacyaha, yibutsa ko ku ya 16 Kamena 2025 aribwo batangaje ko dosiye yagejejwe ku mushinjacyaha mukuru wa repubulika. Ese kuki hashize ibyumweru bibiri batari bamenya niba dosiye bayijyana cyangwa bayireka? Ibi birerekana ko nta mugambi ufatika bafite, uretse kungerera igihe cyo kugumishwa mu buroko, Lissu yabwiye urukiko.
Lissu, wigeze kuraswa inshuro nyinshi mu 2017 agakomereka bikomeye, ni umwe mu banyapolitiki bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Samia Suluhu Hassan. Urubanza rwe ruje mu gihe ishyaka rye, CHADEMA, rimaze kugaragaza ko ashobora kuzaba umukandida ukomeye mu matora yo mu Kwakira.
Mu rubanza rwasomwe kuri uyu wa Mbere, umucamanza yavuze ko urukiko rudafite ububasha bwo gutegeka umucanmanza mukuru wa repubulika gutanga icyemezo cyihuse, ariko rwemeje ko ibyemezo byose bigomba kuzagaragazwa ku ya 15 Nyakanga 2025, ubwo urubanza ruzasubukurwa.
Iri subikwa ry’uru rubanza ryatumye abasesenguzi ba politiki batangira kuvuga ko bishobora kuba ari umugambi wo kumubuza kwiyamamaza, cyane ko igihe gisigaye ari gito. Hari n’impungenge ko bishobora guhungabanya icyizere cy’amatora n’ubwisanzure bw’abatavuga rumwe na Leta.
Ni mu gihe kandi hari urundi rubanza Tundu Lissu aregwamo, aho ashinjwa gukwirakwiza amakuru atari yo ku mbuga nkoranyambaga, rubaye mu gihe abantu benshi bakomeje gusaba ko Leta ireka gukoresha inkiko nk’igikoresho cya politiki.
Abasesenguzi bavuga ko uko rubanza rwa Lissu rugenda rutinzwa, bigaragaza uburyo bamwe mu bategetsi bashobora kuba bifuza gukuraho abahatana ku buryo bwemewe n’amategeko.
Gushyira umukandida ukomeye mu buroko mu gihe amatora yegereje, bitanga ishusho mbi ku isura y’imigendekere y’amatora, nk’uko bivugwa na Dr. Alex Mshana, impuguke mu miyoborere y’ubutabera.
Igihe cyose umucamanza mukuru ataratanga icyemezo ku ifungurwa cyangwa gukurikiranwa kwa Lissu, impaka zishingiye ku bwisanzure mu matora no ku iyubahirizwa ry’ubutabera birakomeza kwiyongera. Isura y’amatora ya 2025 izaterwa cyane n’uko uru rubanza ruzakemurwa mu minsi iri imbere.












